Ni mu rubanza rw’ubujurire rwabaye kuri uyu wa 5 Mutarama 2026. Urukiko rwasanze impamvu zituma Djihad ajurira nta shingiro zifite.
Rwasanze impamvu Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro rwashingiyeho rufunga by’agateganyo Ishimwe Patrick (Pazzo Man) zifite ishingiro bityo atahita arekurwa by’agateganyo nk’uko yari yabisabye.
Kuri Ishimwe Francois Xavier urukiko rwasanze hari impamvu zikomeye zatuma hakekwa ko yacuruzaga amashusho y’urukozasoni bityo rusanga impamvu Urukiko Rw’Ibanze rwa Kicukiro rwashingiyeho rumufunga by’agateganyo, zifite ishingiro.
Urukiko kandi rusanga impamvu Kwizera Nestor uzwi nka Pappy Nesta yatanze nta shingiro zifite.
Ni mu gihe Kalisa John benshi bazi nka K.John bari muri dosiye imwe, we yabaye arekuwe by’agateganyo akazaburana ari hanze.
Aba bagiye gukomeza gufungwa by’agateganyo uko ari bane bakurikiranyweho gukwirakwiza amashusho ya Yampano ari gukora imibonano mpuzabitsina n’umukunzi we.
Bose bari bagaragaje ko batanyuzwe n’icyemezo cy’Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro bakagaragaza ko hari ibyo rwirengagije ku makuru rwahawe mbere ubwo baburanaga.
Indi nkuru bifitanye isano: Djihad n’abo bareganwa batakambiye urukiko barusaba kubarekura by’agateganyo



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!