00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Urunturuntu muri ‘Miss South Africa’; Umukobwa ushinjwa kuba umunyamahanga yavugishije benshi

Yanditswe na Uwiduhaye Theos
Kuya 31 July 2024 saa 05:41
Yasuwe :

Irushanwa ry’ubwiza rya Nyampinga wa Afurika y’Epfo uyu mwaka, rikomeje kwibazwaho nyuma y’ibibazo biturutse ku mukobwa bivugwa ko afite inkomoko ku babyeyi bo muri Mozambique na Nigeria, witwa Chidimma Vanessa Onwe Adetshina witabiriye ariko ubu akaba atari kuvugwaho rumwe.

Ni nyuma y’inkudura yaje iturutse kuri bamwe mu bakoresha imbuga nkoranyambaga muri Afurika y’Epfo, bamwikomye bavuga ko adakwiriye guhatana muri iri rushanwa mu gihe adakomoka muri iki gihugu.

Abanyafurika y’Epfo bariye karungu nyuma y’amashusho yakwirakwiye ya Adetshina ari kumwe n’abantu, bamwe bambaye imyambaro gakondo yo muri Nigeria bari kwishimira intsinzi ye muri ‘Miss South Africa’ubwo yakomezaga mu minsi yashize.

Guhera icyo gihe, bamwe batangiye kuvuga ko atari Umunyafurika y’Epfo wuzuye bityo adakwiriye guhatana mu irushanwa ry’ubwiza ryaho riri kuba.

Aya mashusho yaje akurikira andi y’uyu mukobwa ubwo yivugaga muri iri rushanwa, akagaragaza ko ababyeyi be badakomoka muri Afurika y’Epfo. Nyina afite ibisekuru byo muri Mozambique mu gihe se akomoka muri Nigeria.

Ku ruhande ariko Chidimma Vanessa Adetshina we avuga ko yujuje ibisabwa muri iri rushanwa ndetse akaba afite ubwenegihugu bw’iki gihugu. Bamwe bakavuga ko iri rushanwa rireba Abanyafurika y’Epfo atari irushanwa rya Miss Africa rihuriramo abakobwa baturutse mu bihugu bitandukanye bya Afurika.

Uyu mukobwa w’imyaka 23 yavukiye muri Soweto muri Afurika y’Epfo, ndetse ubwo yaterwaga imijuguju yashyigikiwe n’abategura irushanwa rya Nyampinga wa Afurika y’Epfo bavuze ko yemerewe guhatana ndetse ubu akaba yarageze mu cyiciro cya nyuma na bagenzi be 10.

N’ubwo akomeje muri iri rushanwa ariko abantu barimo n’abanyapolitiki bakomeje kumwikoma ku bwinshi. Nka Minisitiri wa Siporo, Ubuhanzi ndetse n’Umuco, Gayton McKenzie yavuze ko bidakwiriye ko uyu mukobwa ahatana.

Ati “Nagarutse mvuye i Paris[Mu mikino ya Olempike iri kubera mu Bufaransa] ariko ngiye gushaka amakuru ahagije. Ntabwo aribyo kugira Abanya-Nigeria mu irushanwa ryacu rya Nyampinga wa Afurika y’Epfo. Nshaka gukusanya ibimenyetso mbere kugira icyo mvuga[...] ariko n’ubundi birasekeje.’’

Ibi abihurizaho na Herman Mashaba washinze ishyaka ritavuga rumwe n’ubutegetsi rya ActionSA, wavuze ko kujya muri iri rushanwa uyu mukobwa azi neza ko adakomoka muri Afurika y’Epfo bishobora kumushyira mu kaga. Ati “Ni igitekerezo kibi.”

Naledi Chirwa usanzwe ari Intumwa ya rubanda Nteko Ishinga Amategeko ya Afurika y’Epfo uhagarariye Inama y’Intara z’iki gihugu, akaba n’umuyoboke w’ishyaka rya Julius Malema rya EFF, yanenze bikomeye Minisitiri Gayton McKenzie agaragaza ko yanga abiraburakazi.

Ati “Wowe [McKenzie] ntabwo wubaha amategeko ya Afurika y’Epfo. Ntabwo uzi amateka ya Afurika y’Epfo. Ufite umwanya wo kuvuga umugore w’Umunyafurika y’Epfo w’umwirabura ariko warihishe igihe wari ubajijwe kuri Minisitiri w’umwera[Leon Schreiber] ushinzwe ibikorwa by’imbere mu gihugu. Nanga abagabo b’abanyantege nke.’’

Julius Malema uyobora ishyaka EFF rihirimbanira ukwishyira ukizana mu bukungu, nawe ntabwo yemeranya n’abarimo Minisitiri McKenzie.

Mu butumwa bwe yagize ati “Ubwenegihugu bwawe bugenwa n’aho wavukiye, rero niba yaravukiye hano ni Umunyafurika y’Epfo. Ntacyo bitwaye. Ababyeyi be ntabwo ari we, ni we ubwe. Ni ukubera iki ari uwo muri Nigeria cyangwa Mozambique? Yavukiye hano.’’

Yakomeje avuga ko bidakwiriye ko abantu bahanwa hagendewe ku nkomoko y’ababyeyi babo. Ati “Hari ibintu bikwirakwizwa n’abantu bashaka kubiba urwango mu Banyafurika, kandi abo bantu ntabwo bakwiriye gushyigikirwa.’’

Ibi abihurizaho n’undi muntu wanditse kuri Twitter, ati “Ndashaka kubwira abo batekereza ko Chidimma Adetshina atemerewe guhatana mu irushanwa. Murabizi ko ababyeyi ba Vanessa Carreira-Coutroulis[uyu yabaye Miss South Africa 2001] bakomoka muri Portugal na Angola? Chidimma ni Umunyafurika y’Epfo.’’

N’ubwo bimeze gutya ariko, biteganyijwe ko Nyampinga wa Afurika y’Epfo azamenyekana ku wa 10 Kanama 2024.

Reba ibitekerezo bitandukanye by’abantu kuri uyu mukobwa watumye benshi bacika ururondogoro muri Afurika y’Epfo

Chidimma Vanessa Onwe Adetshina akomeje kwikomwa bamwe bavuga ko adakwiriye guhatana mu irushanwa rya Nyampinga wa Afurika y'Epfo
Chidimma Vanessa Onwe Adetshina yageze mu bakobwa 11 bagomba gutorwamo Nyampinga wa Afurika y'Epfo gusa akomeje guterwa imijugujugu kubera ko se akomoka muri Nigeria
Julius Malema uri mu banyapolitiki bakomeye ntabwo yemeranya n'abari kuvuga ko uyu mukobwa adakwiriye guhatana muri Miss South Africa
Minisitiri wa Siporo, Ubuhanzi ndetse n’Umuco, Gayton McKenzie yavuze ko bidakwiriye ko uyu mukobwa ahatana kuko akomoka muri Nigeria
N'ubwo akomeje kwibasirwa yimye amatwi abamurwanya
Naledi Chirwa yikomye Minisitiri McKenzie wavuze ko bidakwiriye ko Chidimma ahatana mu irushanwa rya Nyampinga wa Afurika y'Epfo
Uyu mukobwa arashaka rya Nyampinga wa Afurika n'ubwo benshi bakomeje kumwikoma
Uyu mukobwa yatumye benshi bayavuga karahava

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages