Muri iki Cyumweru, abahanzi banyuranye bakoze mu nganzo basohora indirimbo zitandukanye.
My Mind- Utah Nice ft Chriss Eazy
Utah Nice uri mu bakobwa bari kuzamuka neza mu muziki w’u Rwanda muri iyi minsi, yiyunze kuri Chriss Eazy bakorana indirimbo nshya bise ‘My mind’.
Iyi ndirimbo mu buryo bw’amajwi yakozwe Element na Bob Pro mu gihe amashusho yafashwe anatunganywa n’abavandimwe ba Utah Nice; Cedric Dric na Simbi Nailla.
Gake gake -Bwiza
Bwiza uri mu bahanzi bamaze kuzamura izina ryabo mu muziki w’u Rwanda, yakoze mu nganzo asohora indirimbo nshya yise ‘Gake gake’.
Iyi ndirimbo yanditswe na Mico The Best, yakozwe mu buryo bw’amajwi na Loader mu gihe amashusho yafashwe anatunganywa na John Elarts.
Question- Ish Kevin Ft Keny Sol
Ish Kevin uherutse gukora indirimbo ‘Kibasumba’ igaca ibintu, ntabwo yigeze ashaka gutanga agahenge mu bakunzi be kuko yahise asohora indi yakoranye na Kenny Sol, bise ‘Question’.
Que paso -RunUp
RunUp uherutse gutandukana na sosiyete bakoranaga yo muri Nigeria, yakoze mu nganzo asohora indirimbo ye nshya yise ‘Que paso’.
Fuego -Riderman
Nubwo ari umwe mu bahanzi bamaze igihe mu muziki w’u Rwanda, Riderman aracyasohora indirimbo nyinshi nk’uwutangiye ejo hashize.
Biragoye ko ukwezi kwashira nta ndirimbo nshya y’uyu muraperi uri mu bafite abakunzi batari bake. Kuri iyi nshuro yasohoye indirimbo yise ‘Fuego’.
Nibe nawe - Papa Cyangwe ft Racine & Yampano
Papa Cyangwe yasohoye indirimbo nshya yise ‘Nibe nawe’ yakoranye n’abarimo Yampano uherutse gutabwa muri yombi akurikiranyweho ibyaha binyuranye ndetse na Racine.
RSSB Tigers Anthem - Bulldogg Ft Angell Mutoni
Babifashijwemo n’abarimo Davydenko na Kevin Klein, Bulldogg na Angell Mutoni basohoye indirimbo bakoreye ikipe ya RSSB Tigers iri gukina imikino ya nyuma ya BAL.
Unyiberamo -Li John
Umusore utunganya indirimbo ariko muri iyi minsi uri gusohora ize, Li John yongeye gukora mu nganzo ashyira hanze iyo yise ‘Unyiberamo’.
Byarananiye- Jowest
Ntanakimwe - Masterland Ft Lino-G
Blessings-Tera
Umuziki w’u Rwanda wungutse umuhanzikazi mushya, Iradukunda Angel wiyise izina ry’ubuhanzi ’Tera’. Yinjiranye mu muziki indirimbo ya mbere yise ‘Blessings’.
Izo hanze
Ishoke-Belle 9ice
Moses-Yo Maps ft Harmonize
Chanel -Blaqbonez ft Asake
Everything tatted -MGK Ft Wiz Khalifa
2POPS-Tyga
Pull Over-Ludacris
I’m Ok-Pheelz Ft Tiwa Savage
God and Time -Vybz Kartel
Repeat It-Martin Garrix Ft Ed Sheeran



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!