00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Uzahagararira u Rwanda muri Big Brother Africa agiye kumenyekana

Yanditswe na

IGIHE

Kuya 15 June 2014 saa 10:22
Yasuwe :

Guhera tariki 7 Nzeli 2014 abakunzi ba “Big Brother Africa” bagiye kongera gukurikirana uyu mukino w’imibanire y’abantu batandukanye mu nzu. Bwa mbere mu mateka u Rwanda r n’umuntu murizaba ruhagarariwe muri iri rushanwa.
Nk’uko urubuga rwa BBA rwabitangaje mu itangazo rigenewe abanyamakuru bamenyesha ibihugu bizitabira iri rushanwa uko gahunda iteye, guhitamo uzahagararira u Rwanda azamenyekana ku itariki ya 09 Nyakanga 2014.
Guhitamo uzahagararira u Rwanda ku nshuro ya mbere, bizabera (…)

Guhera tariki 7 Nzeli 2014 abakunzi ba “Big Brother Africa” bagiye kongera gukurikirana uyu mukino w’imibanire y’abantu batandukanye mu nzu. Bwa mbere mu mateka u Rwanda r n’umuntu murizaba ruhagarariwe muri iri rushanwa.

Nk’uko urubuga rwa BBA rwabitangaje mu itangazo rigenewe abanyamakuru bamenyesha ibihugu bizitabira iri rushanwa uko gahunda iteye, guhitamo uzahagararira u Rwanda azamenyekana ku itariki ya 09 Nyakanga 2014.

Guhitamo uzahagararira u Rwanda ku nshuro ya mbere, bizabera mu mujyi wa Kigali kuri Lemigo Hotel. Inzobere mu guhitamo abujuje ibisabwa muri iri rushanwa, bazaba bari mu Rwanda kuva ku itariki ya 04 Nyakanga 2014.

Mu bisabwa kugira ngo umuntu yemerewe kwitabira BBA, icya mbere kigenderwaho ni ukuba wujuje imyaka 21 y’amavuko, kuba afite ubwenegihugu bwa kimwe muri ibi bihugu 14, kuba afite ubumenyi rusange mu bintu bitandukanye, ashabutse ndetse yemera kubaho mu buzima bwagenwe.

Dillish Mathews ni we wegukanye aya mafaranga mu mwaka wa 2013.

Igihembo gikuru gihabwa uwatsinze Big Brother Africa, ni amadorali ya Amerika 300,000.

Ibihugu 14 bizitabira Big Brother Africa: Botswana, Ethiopia, Ghana, Kenya, Malawi, Namibia, Nigeria, Rwanda(rwasimbuye Angola), Sierra Leone, South Africa, Tanzania, Uganda, Zambia na Zimbabwe.

Big Brother Africa izajya yerekanwa amasaha 24 kuri 24, iminsi 7 kuri 7, kuri Dstv shene y’197 n’198 kuri GOtv. BBA izamara iminsi 91.

Dore gahunda yo guhitamo abazahagararira ibihugu muri BBA:

Botswana - Gabarone (Cresta President Hotel):
4 and 5 July 2014

Ethiopia - Addis Ababa (Capital Hotel and Spa):
30 June 2014

Ghana - Accra (Holiday Inn Hotel Airport):
5 and 6 July 2014

Kenya - Nairobi, The Hilton Nairobi:
3 and 4 July 2014

Malawi – Lilongwe (The Crossroads Hotel):
30 June and 1 July 2014

Namibia - Windhoek (Hilton Hotel):
8 and 9 July 2014

Nigeria - Lagos (Protea Hotel Leadway, Ikeja):
30 June and 1 July 2014

Rwanda – Kigali (The Lemigo Hotel)
9 July 2014

Sierra Leone - Free Town (The Country Lodge Complex):
9 July 2014

South Africa – Johannesburg (The Pyramid Venue and Conference Center):
30 June and 1 July 2014

Tanzania - Dar Es Salaam (New Africa Hotel):
11 and 12 July 2014

Uganda - Kampala (Sheraton Hotel):
7 and 8 July 2014

Zambia - Lusaka (InterContinental Hotel):
4 and 5 July 2014

Zimbabwe - Harare (The Meikles Hotel):
12 and 13 July 2014

Big Brother Africa ibera muri Afurika y’Epfo ari naho yatangiriye mu mwaka wa 2003, igitangira yitabiwe n’ibihugu 12 ku nshuro ya kane ibaye hongerwamo ibihugu bya Ethiopia na Mozambique, ku nshuro ya karindwi hongerwamo Liberia na Sierra Leone, ubu ku nshuro ya cyenda Angola yavuyemo hajyamo u Rwanda.

Big Brother Africa 2013 yegukanwe na Dillish Mathews wo muri Namibia wahise ahabwa igihembo cya $300, 000 .


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages