Uyu musore yamamaye mu muziki igihe kinini ndetse mbere y’uko awusezera mu mwaka wa 2009 yakoreye igitaramo kuri Stade ya Kigali, icyo gihe yamurikaga album ndetse yatumiye umuririmbyi Ragga Dee wari ukunzwe bikomeye muri Uganda.
Uwizeye Chantal na VD Frank basezeranye imbere y’amategeko mu masaha ya mu gitondo kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 4 Ugushyingo 2017 mu muhango wabereye mu Murenge wa Nyarugenge.
Nyuma yo gusezerana imbere y’amategeko hakurikiyeho umuhango wo gusaba no gukwa wabareye ku Kimironko ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Gatandatu hanyuma ku Cyumweru tariki ya 5 Ugushyingo 2017 bikaba biteganyijwe ko bazasezerana imbere y’Imana.
Amafoto: Niyonzima Moise



















TANGA IGITEKEREZO