00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Wiz Khalifa yakatiwe gufungwa amezi icyenda azira kunywa urumogi

Yanditswe na Uwiduhaye Theos
Kuya 19 December 2025 saa 06:59
Yasuwe :

Umuraperi w’Umunyamerika Wiz Khalifa ari mu bibazo bikomeye by’amategeko muri Romania, nyuma yo gukatirwa igifungo cy’amezi icyenda azira gukoresha urumogi, nubwo we n’itsinda rye bakomeje gushaka uko icyo gihano cyahindurwa.

Ku wa Kane tariki 18 Ukuboza Urukiko rw’Ubujurire rwo mu Mujyi wa Constanța rwemeje ubujurire bwatanzwe n’Ubushinjacyaha busaba ko Wiz Khalifa akatirwa igifungo cy’amezi icyenda.

Ibi byabaye nyuma y’uko mu cyemezo cyari cyafashwe mbere yari yaciwe ihazabu ya 700$.

Amakuru yatangarijwe TMZ Hip Hop, avuga ko igihano kitaraba ndakuka, kuko ikipe ya Wiz Khalifa ikiri mu nzira zo kujuririra icyo cyemezo mu rwego rwo gushaka indi nzira cyakemukamo itari ugufungwa.

Wiz Khalifa yatawe muri yombi by’igihe gito muri Nyakanga 2024, nyuma yo kuririmba mu iserukiramuco rya Beach Please! ryabereye ku nkombe za Costinești. Ni nyuma y’uko agaragaye anywa urumogi ku rubyiniro, ari kubyina indirimbo “The Next Episode” ya Dr. Dre na Snoop Dogg.

Amategeko ya Romania ku biyobyabwenge arakakaye cyane, bityo uru rubanza rufatwa nk’urushobora kuba ingorabahizi kuri uyu muraperi wamamaye mu ndirimbo zitandukanye zakunzwe cyane ku Isi.

Wiz Khalifa ashobora gufungirwa muri Romania amezi icyenda
Wiz Khalifa ni umwe mu baraperi bakomeye ku Isi

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages