00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Yabyinjiyemo yifuza kwigisha ibanga ryo gutera neza: Joxy uri mu bagezweho muri sinema twaganiriye (Video)

Yanditswe na Nsengiyumva Emmy
Kuya 29 July 2025 saa 11:57
Yasuwe :

Iradukunda Joxy ni umwe mu nkumi z’ikimero zigezweho muri sinema y’u Rwanda, benshi mu bamuzi bagahamya ko imiterere y’umubiri we ari kimwe mu bituma benshi biganjemo igitsinagabo bakunda filime ze.

Uyu mukobwa winjiye ku rutonde rw’abakora sinema mu Rwanda, agiye kuzuza umwaka atangiye uyu mwuga.

Icyakora nubwo ubu ari wo mwuga ahanze amaso, iyo muganira, Iradukunda akubwira ko atigeze akora sinema yateguye ko ari yo azagira akazi.

Avuga ko yafunguye shene ya YouTube yifuza kwigisha abakobwa uko barushaho gutera neza, nyuma inshuti ze zikamwumvisha ko yanakora sinema.

Ati “Ibya sinema bijya gutangira, ntabwo nafunguye shene mvuga ko ari byo ngiyemo, nta n’ubwo ari ibintu najyaga ntekereza. Nabyinjiyemo nshaka kujya nigisha abantu uko batera neza,cyera hari ukuntu nari nteye neza abantu bagakunda kumbaza uko mbigenza, mfungura shene ya YouTube ngo njye mbasubiriza rimwe kuko buri umwe ntari kubona uko mbasobanurira.”

Nyuma yo gutangira akora ibiganiro byigisha abantu ibanga ryo gutera neza by’umwihariko kwita ku mirire yabo ndetse n’ubwoko bwa siporo zabafasha, inshuti ze zavumbuye ko yabasha ibyo gukina filime.

Ati “Nyuma y’iminsi ntangiye gukora ibiganiro, inshuti zanjye zambwiye ko mfite ukuntu ntagira isoni ko ndamutse nkinnye filime nabibasha.”

Nguko uko uyu mukobwa yisanze muri sinema akora filime zirimo Inzira y’agahinda, Sinaruhara urukundo rwa mbere n’izindi nyinshi.

Nubwo ariko yihebeye sinema, Iradukunda Joxy wari warize ubwarimu, ari kurangiza muri Mount Kenya University ibijyanye na ‘Counseling’.

Icyakora uyu mukobwa ahamya ko yagiye kwiga ibya ‘Counseling’ nyuma yo gutangira kwiga ibyo guteka muri UTB icyakora iwabo babimukuramo atabirangije.

Ni umukobwa uhamya ko uretse kuba yarabaye umwarimu mu mashuri y’incuke, yanabaye umushabitsi kuko yacuruje akabari kaje gufunga mu gihe cya Covid-19 yimukira mu bworozi bw’inkoko yaje kuvamo nyuma y’uko zipfuye.

Iradukunda Joxy ni umwe mu nkumi zigezweho muri sinema y'u Rwanda
Iradukunda Joxy ni umwe mu nkumi zigezweho muri sinema y'u Rwanda by'umwihariko abafite filime zitambuka kuri YouTube
Iradukunda ahamya ko kwinjira muri sinema kwe byabaye nk'impanuka kuko yinjiye mu bya YouTube yifuza kwigisha inkumi ibanga ryo gutera neza

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages