00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Yago Pondat arwariye mu bitaro

Yanditswe na Gilbert Ukwizagira
Kuya 19 April 2026 saa 07:48
Yasuwe :

Umuhanzi akaba n’umunyamakuru, Nyarwaya Innocent wamamaye nka Yago Pondat, arembeye mu bitaro byo muri Uganda aho asigaye aba, nyuma yo gukora impanuka.

Akimara gukora impanuka, uwo bafitanye isano ya hafi mu muryango yanditse kuri konti ya Instagram y’uyu muhanzi ashimira Imana ko yamurokoye iyi mpanuka yashoboraga no kumuhitana, ndetse asaba abafana be kumusengera.

Iyi mpanuka yangije imodoka uyu muhanzi yari arimo yabaye ku wa 17 Mata 2026.

Uyu bafitanye isano witwa Nyemazi ari na we uri gukoresha imbuga nkoranyambaga za Yago, yagaragarije kuri Instagram ko arwariye mu bitaro.

Amashusho yashyize hanze mu ijoro ryo ku wa 18-19 Mata 2026, agaragaza Yago ari mu cyumba cyo kwa muganga ari guhabwa serivisi z’ubuvuzi n’umuganga.

Yago Pondat ari kwitabwaho n'abaganga
Yago Pondat arwariye mu bitaro

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages