Abinyujije ku mbuga nkoranyambaga ze, Lil G yagaragaje uyu mukobwa, aca amarenga y’uko yaba asigaye ari mu rukundo.
Mu kiganiro yagiranye na IGIHE, Lil G yemeje ko ari mu rukundo n’iyi nkumi, avuga ko yamusimburiye umuzungu bakundanye, ndetse ashimangira ko yishimiye ibihe arimo.
Ati “Uyu ni we wakuyemo wa muzungu, ubu ndaryohewe!”
Uyu muraperi wari umaze igihe yimukiye i Burayi, yaherukaga kuvugwa mu nkuru z’urukundo mu minsi ishize, ubwo byavugwaga ko asigaye akundana n’umubyeyi banabanaga, nubwo nta bukwe bari barakoze.
Kuva mu 2022, ubwo Lil G yari yimukiye muri Pologne, yatangiye kuvugwa mu nkuru z’urukundo, icyakora akomeza kubigira ibanga.
Mu 2025, Lil G ni bwo yemereye IGIHE ko ari mu myiteguro y’ubukwe na Emilia Mieczkowska, umugore ufite abana babiri babanaga.
Icyakora, muri Werurwe 2026, Lil G yemeje ko yatandukanye n’uyu mugore, ndetse ahamya ko yitegura gutaha mu Rwanda kuko yari akumbuye umuryango, inshuti n’abavandimwe.
Uyu muhanzi wari umaze igihe i Burayi yatashye mu Rwanda muri Mata 2026, ari na ho yahuriye n’inkumi yemeza ko bari mu rukundo.
Lil G ni umwe mu bahanzi batangiye umuziki bakiri bato. Yamenyekanye cyane mu ndirimbo nka ‘Nimba Umugabo’, ‘It’s OK’, ‘Agaciro’ n’izindi nyinshi.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!