Umwe mu bazatuma Abaturarwanda baryoherwa n’impera z’icyumweru ni Umunya-Afurika y’Epfo witwa Success SA uri mu bagezweho mu kuvanga imiziki.
Uyu mukobwa ategerejwe mu gitaramo kizabera muri Kigali Universe ku wa 2 Gicurasi 2026, yakuriye mu Mujyi wa Phuthaditjhaba wo mu Ntara ya Free State muri Afurika y’Epfo.
Kuba umuhanga mu bijyanye no kuvanga imiziki si impanuka kuri uyu mukobwa kuko yabikomoye kuri se na we wakoraga aka kazi.
Success SA yatangiye gukunda umwuga wa se, ubwo yari afite imyaka itandatu y’amavuko, nyuma yaje kubyinjiramo mu buryo bweruye mu 2017 ubwo yari afite imyaka 14 gusa.
Kugeza ubu uyu mukobwa w’imyaka 23 ni umwe mu bagezweho mu muziki wa Afurika y’Epfo.
Uretse ibyo kuvanga imiziki, uyu mukobwa yanagiye akora ku ndirimbo nka ‘Mbuzi’ yahuriyemo na Ice Beats Slide mu gihe anaherutse gusohora album yise ‘Dreams are free’.
Byitezwe ko uyu mukobwa azava i Kigali akomereza ibitaramo bye muri Australia byibuza azakorera bitatu muri Gicurasi 2026.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!