00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Zari Hassan yasobanuye impamvu yatumiye mukeba we Tanasha i Kampala

Yanditswe na Daniel Havugarurema
Kuya 16 December 2023 saa 11:48
Yasuwe :

Zari Hassan wabaye umugore wa Diamond Platnumz, yatangaje ko nta kibazo na kimwe abona mu gutumira mukeba we Tanasha Donna mu birori by’abambaye imyambaro y’umweru bizwi nka ‘White Party’.

Iki gitaramo ngarukamwaka ‘Zari the Boss Lady All White Party’ giteganyijwe kuba ku wa Gatandatu, tariki 16 Ukuboza 2023, ahazwi nka Noni Vie Kampala muri Uganda.

Mu kiganiro n’itangazamakuru ryo muri Uganda, Zari Hassan, yavuze ko Tanasha Donna amubona nk’umwe mu bagize umuryango we, bityo ko nta kibazo na kimwe kiri mu kumutumira.

Yagize ati “Yego ni uguhuriza hamwe umuryango, kuki tutamutumira? Azaza muri ibi birori kuko twabivuganyeho kandi tuganira kenshi ku bana bacu.”

Tanasha Donna ni we wakoreye mu ngata Zari Hassan mu gukundana n’Umuhanzi Diamond Platnumz, kuko bakundanye nyuma yo gutandukana n’uyu muherwekazi.

Diamond Platnumz yakundanye na Zari Hassan mu 2015 batandukana mu 2018. Babyaranye abana babiri, Princess Tiffah na Prince Nillan.

Nyuma yo gutandukana ku mpamvu zirimo gucana inyuma, Diamond Platnumz yahise akundana na Tanasha Donna wari mu banyamakuru bagezweho muri Kenya. Batandukanye mu 2020 babyaranye umwana umwe w’umuhungu witwa Naseeb Junior.

Tanasha yakundanye na Diamond nyuma y'uko uwo muhanzi atandukanye na Zari
Zari Hassan yatangaje ko nta kibazo abona mu gutumira mukeba we Donna

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages