00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Zari yibwe, umurinzi we atemwa ugutwi

Yanditswe na Daniel Havugarurema
Kuya 28 December 2023 saa 05:13
Yasuwe :

Zari Hassan witegura gutaramira i Kigali yatangaje ko yatewe n’abajura aho atuye muri Uganda, batema ugutwi k’umurinzi we, bamwiba imbunda n’ibintu by’agaciro yari afite muri urwo rugo.

Mu butumwa bw’amashusho yatambukije kuri Instagram, Zari yagize ati” Ejo hashize urugo rwanjye ruri muri Uganda rwaratewe ubwo nari nasohotse, bazirika umurinzi bamutema ugutwi banatwara ibintu byinshi.”

Yavuze ko aba bajuru banabyukije abari mu nzu, bababaza aho imfunguzo z’imodoka ziri kugira ngo bazitware ariko bacyumva Polisi ije barahunga batwara ibintu bitandukanye by’agaciro.

Zari yavuze ko aba bajura banakubise imbuda ku mutwe w’umurinzi ugasaduka, ku buryo iyo atihutishwa ngo ajyanywe kwa muganga yari gutakaza ubuzima. Abari mu nzu bose ni bazima nk’uko uyu mugore wahoze akundana na Diamond Platnumz yabivuze.

Kuri ubu Zari yageze i Kigali, aho yitabiriye igitaramo ‘All White Party’ kizabera The Wave Lounge, tariki 29 Ukuboza 2023. Ni igitaramo azahuriramo n’ibyamamare birimo Muyango Claudine.

Zari yageze i Kigali nyuma y'amasaha make atewe n’abajura iwe mu rugo

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages