00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Ziggy 55 agiye kurushinga n’uwakinnye mu ikipe y’igihugu

Yanditswe na

Munyentwari Patrick

Kuya 5 August 2013 saa 06:30
Yasuwe :

Umuraperi Ziggy 55, uzwi nk’umwe mu bari bagize itsinda The Brothers, mu kwezi kw’Ukwakira azarushinga na Salama Iddo Mutoni wahoze akina mu ikipe y’igihugu ya Basketball.
Tariki ya 12 Ukwakira ni ugusaba i Nyamirambo aho Mutoni Salama avuka , naho kuri 19 Ukwakira ni ubukwe nyirizina.
Ziggy 55 aganira na IGIHE yagize ati “Ndashaje kandi ndambiwe kuba mu busiribateri, igihe kirageze ngo ndongore, mve mu rwego rw’abasore nitwe Papa”.
Uyu Salama Mutoni , wahoze akina mu ikipe y’igihugu (…)

Umuraperi Ziggy 55, uzwi nk’umwe mu bari bagize itsinda The Brothers, mu kwezi kw’Ukwakira azarushinga na Salama Iddo Mutoni wahoze akina mu ikipe y’igihugu ya Basketball.

Tariki ya 12 Ukwakira ni ugusaba i Nyamirambo aho Mutoni Salama avuka , naho kuri 19 Ukwakira ni ubukwe nyirizina.

Ziggy 55 aganira na IGIHE yagize ati “Ndashaje kandi ndambiwe kuba mu busiribateri, igihe kirageze ngo ndongore, mve mu rwego rw’abasore nitwe Papa”.

Uyu Salama Mutoni , wahoze akina mu ikipe y’igihugu ya Basketball ahagana mu mwaka wa 2005, ubu akaba asigaye akora mu muryango utegamiye kuri Leta Ziggy atifuje guhita adutangariza izina.

Ziggy 55 ari kumwe n'umukunzi we Mutoni Salama

Uyu Ziggy, 55 amaze igihe atagaragara mu ruhando rwa muzika nyarwanda kubera gahunda z’akazi ahugiyemo.

Uretse kuba ari umuhanzi, Ziggy asanzwe akora mu Kigo cy’igihugu gishinwe imisoro n’amahoro (Rwanda Revenue Authority).

Ziggy 55 asezeye ubusiribateri nyuma ya bagenzi nka Ally Soudy, David Bayingana n’abandi.


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages