Harun Laston wamamaye nka Zoravo akigera i Kigali, yakiriwe na Jado Sinza wari kumwe n’itsinda ry’abamufasha mu muziki ndetse n’abanyamakuru biganjemo abo muri Gospel.
Akigera i Kigali, Zoravo yavuze ko yishimiye kuba agiye gutaramira i Kigali anagezemo ku nshuro ye ya mbere.
Ati “Kigali ni umujyi najyaga numva, amakuru avuga ko ari ahantu hakeye hari abantu bakira neza abashyitsi, ubu nahigereye kandi niteguye kubataramira. Icyo nasaba abantu ni ukugura amatike yabo bakazahagera kare.”
Igitaramo ‘Redemption concert’ Jado Sinza yatumiyemo Zoravo, giteganyijwe kubera muri Camp Kigali ku wa 17 Werurwe 2024.
Zoravo watumiwe na Jado Sinza, ni umwe mu baramyi bazwi muri Tanzania. Azwi mu ndirimbo nka ‘Majeshi ya Malaika’, ’Anarejesha’ yakoranye na Rehema Simfukwe na ’Ameniona’ yakoranye na Bella Kombo.
Jado Sinza watumiye uyu muhanzi mu gitaramo cye, amenyerewe mu muziki wo kuramya no guhimbaza Imana mu Rwanda by’umwihariko akaba azwi mu ndirimbo nka ’Ndategereje’, ’Golgotha’ n’izindi nyinshi.
Uyu muhanzi uretse kuba yaratangiye urugendo rwo gukora umuziki ku giti cye, hari n’abamuzi muri Siloam Choir ADEPR Kumukenke.
Sinza yaherukaga gutaramira abakunzi be mu Ugushyingo 2019 aho yari yateguye icyiswe ‘True light live concert’ cyabereye muri Dove Hotel. Ni nabwo yamurikaga album ye ya mbere y’indirimbo zose zifite amashusho yise ‘Ndategereje’.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!