Iyi korali ikunzwe mu buryo bukomeye n’abakunda umuziki w’indirimbo zhimbaza Imana, ni ubwa mbere igiye kujya gukorera ibitaramo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika; izahakorera urugendo ruzamara iminsi 20.
Abaririmbyi ba Korali Ambassadors of Christ bagomba guhaguruka i Kigali ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatatu tariki ya 1 Kanama 2018, igitaramo cya mbere bazagikora ku itariki ya 4 Kanama mu gihe igiheruka ibindi kizaba ku wa 18 Kanama 2018.
Ibitaramo bazakora, bizabera mu mijyi itandukanye ya Dallas, Houston muri Leta ya Texas. Mu gihe bazamara muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, abagize Ambassadors of Christ bazavayo bataramiye muri Mount Zion Fellowship ndetse no mu rusengero rukomeye rwa Ashford Community Church.
Korali Ambassadors of Christ yavutse mu mwaka wa 1995, yatangijwe n’abantu batanu ariko kugeza ubu ifite abaririmbyi barenga 40. Mu myaka 23 imaze ibayeho ifite album z’amajwi(Audio)13 ndetse n’iz’amashusho(DVD)12.
Yakoreye ibitaramo mu bihugu bitandukanye birimoTanzania, Kenya Burundi, Uganda, Congo na Zambia.



















TANGA IGITEKEREZO