Mu myaka icyenda ishize, Itsinda Shining Stars rya Restoration Church ishami rya Remera ryakoze igitaramo ku nshuro ya kane. Iki gitaramo cyabereye ku Itorero rya CLA (Christian Life Assembly) i Nyarutarama kuri iki Cyumweru.
Bamwe mu bari muri iki gitaramo harimo umubwiriza butumwa Patrick Masasu.
Hari harimo kandi n’abahanzi nka Aimé Uwimana, Guy Badibanga, Arsène Manzi, Luc Buntu, Shekinah Dance na Mass Drama (Drama teams zishyize hamwe).
cyari gifite insanganamatsiko igira iti "Hamwe n’impano zacu tuzane benshi kuri Kristo" biboneka muri mutabo cya Bibiriya muri 1korinto 9:19-23.
Fanny, umuyobozi wiri tsinda, yabwiye IGIHE ko yishimiye uko iki gitaramo cyagenze. Iri tsinda rimaze imyaka icyenda rihimbaza Imana rikoresheje imbyino.



















TANGA IGITEKEREZO