Aba bose baherukaga i Kigali mu bihe bitandukanye mu 2019, aho bahavuye Abanyarwanda by’umwihariko abakunzi b’umuziki wo kuramya no guhimbaza Imana bakibanyotewe.
Igitaramo bagiye kuhakorera bazagihuriramo ku wa 25 Ugushyingo 2022, muri BK Arena.
Hillsong London ni itsinda rishamikiye kuri Hillsong United Worship Band yakomotse mu rusengero rwa Hillsong Church ruherereye mu mujyi wa Sydney muri Australia.
Urusengero rwa Hillsong ni rumwe mu zikomeye mu ivugabutumwa ku Isi yose, rwashinzwe mu 1993.
Bamamaye mu ndirimbo zirimo ‘Hozana, Oceans, Take it all, Lord you’re all I Need , What a beautiful name, I Surrender, Behold n’izindi nyinshi.
Benjamin Dube, ni Umushumba w’Itorero High Praise Centre Church, umwanditsi w’indirimbo akanizitunganya, umuramyi, umwigisha akaba amaze imyaka irenga 33 akora uyu murimo wo kuririmba.
Uyu mugabo indirimbo ze zaramamaye cyane ndetse zashyizwe mu Kinyarwanda. ’Ketshepile Wena’ yahimbwemo ’Hariho Impamvu’, ’Thel’umoya’ ihinduka ’Nimurebe Urukundo’.
Kwinjira muri iki gitaramo cyiswe “Hillsong London Live in Kigali” ni ukwishyura 5000 Frw mu myanya isanzwe, 20 000 Frw muri VIP na 50 000 Frw muri VVIP.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!