Kuri iki Cyumweru, umuhanzi Simon Kabera yamuritse Album ye ya mbere y’amashusho yise “Mfashe inanga”, umuhanzi Sayimoni Kabera yeretswe n’abakunzi be ko akundwa birenze uko we yabitekerezaga; aho bamuhaye impano zaba iz’amafaranga, gitari n’ibindi binyuranye.
Iki gitaramo cyabereye i Remera ku gicumbi cy’umuco; aho abakunzi ba Sayimoni Kabera bamweretse ko bari bategerezanyije amatsiko kubona indirimbo ze mu mashusho.
Uretse kuba abitabiriye iki gitaramo bafashijwe bigatinda, hari n’abantu bane bakiriye agakiza.
Hakimara gufungurwa ku mugaragaro iyi Album, abantu benshi cyane bahagurukaga buri kanya baza ku rubyiniro kubwira Sayimoni uko bamenyanye n’ukuntu basanzwe bamufata nk’umwe mu bahanzi bake bigaragara ko bera imbuto. Abo bantu bari biganjemo abo bagiye bahurira mu masengesho, abo babanye kera bakiri bato, abo babanye mu masabukuru, mu makwe, abamumenyeye mu mahanga bumvise indirimbo ze z’amajwi, n’ahandi henshi abakunzi be bagendaga bamwibutsa.
Abagabo, abagore, abakobwa n’abasore bamaraga kumubwira uko bamuzi n’ukuntu indirimbo zibubaka, bahitaga banamubwira inkunga bamugeneye.
Umwe mu batanze amadorali 500 (ni ukuvuga arenga ibihumbi Magana atatu na makumyabiri na bitanu [325,000Rwf] ushyize mu mafaranga y’Amanyarwanda), yahise anemerera Sayimoni ko azamugurira gitari nziza ku giciro icyo ari cyo cyose iriho.
Sayimoni waririmbye indirimbo ze icumi zigize Album “Mfashe Inanga”, yari ari kumwe n’abahanzi nka Ssegawa Joseph waturutse muri Uganda, Aime Uwimana, Patient Bizimana na Dominic Nic waririmbye indirimbo imwe gusa mu gihe abandi bose baririmbye indirimbo zirenga eshatu.
Hari hari n’abandi bahanzi nka Kavutse Olivier wo muri Beauty for Ashes, Aline Gahongayire, Bahati Alphonse, Bobo Bon Fils n’abandi.
Gusa Alexis Dusabe ntiyigeze agaragara ahabereye iki gitaramo n’ubwo ari umwe mu bahanzi basengera kuri ADEPR yo mu Gakinjiro (Nyarugenge) wari witezwe nk’uri buririmbire imbaga y’abakunzi ba mugenzi we Sayimoni Kabera nawe usengera muri ADEPR (Remera).
Mu gihe cya vuba, Sayimoni Kabera azahita yerekeza mu Buholandi, aho azaba agiye kwiga mu gihe kingana n’umwaka.
Amafoto menshi meza kanda hano:



















TANGA IGITEKEREZO