Itsinda Beauty for Ashes (B4A) riririmba indirimbo zihimbaza Imana, rivuga ko rigiye gushyira mu bikorwa umuhigo rimaranye igihe kirekire, aho rizatangira kujya riririmba mu tubyiniro, mu tubari, mu masoko n’ahandi hatagerwa n’abavugabutumwa.
B4A yo mu Rwanda, icuranga inaririmba mu njyana ya Rock, ivuga ko ifite gahunda yo kujya babwiriza mu tubyiniro babicishije mu ndirimbo.
Umuyobozi wa Beauty for Ashes, Kavutse Olivier agira ati “Iyi gahunda twari tuyifite mu myaka yashize, ubu tugiye gutangira gusura utubari, utubyiniro, amasoko, n’ahandi hose abantu batajya batekereza kubwiriza, turi tayari kuba twajya ahantu nk’aho ngaho.”
Kavutse akomeza avuga ko kuba urubyiruko rwugarijwe cyane n’ubusambanyi, n’ibiyobyabwenge, bakaba bafite n’aho bakunze guhurira haborohereza kwishora muri ibyo byaha, niho dushaka gushyira imbaraga cyane.”
Kavutse anavuga ko ngo uko umwuka w’Imana uzajya ubayobora, ni ko tuzajya bakora.



















TANGA IGITEKEREZO