Ku cyumweru taliki ya 2 Kamena 2013, umuhanzi uririmba indirimbo zihimbaza Imana ’Nsanzimana Jean Bosco, azashyira ahagaragara album ye ya mbere yise “Umukunzi” igizwe n’indirimbo umunani z’amajwi gusa.
Iki giterane cyo gushyira ahagaragara album kizabera ku Gisozi, ku rusengero rw’itorero ’Yotibata Church’ guhera saa cyenda z’umugoroba, aho Nsanzimana Jean Bosco azafashwa n’abandi bahanzi nka Uwiringiyimana Theo, Stella Christine, hamwe n’amakorali atandukanye.
Aganira na IGIHE, Nsanzimana yagize ati: "Ndasimira Imana ko imbashishije gushyira mu bikorwa ibyo nari narahize, n’ubwo bitari byoroshye dore ko muri uyu murimo wo guhimbaza Imana usanga hari imbogamizi duhura nzo, ari ku bw’imbaraga z’Imana tugatera imbere."
Yavuze ko akenshi yahuye n’ikibazo cy’amikoro no kubura umwanya, ariko ubu imyiteguro ikaba imeze neza cyane.



















TANGA IGITEKEREZO