Beyonce n’umugabo we Jay Z bamaze iminsi bavugwa mu bibazo bikomeye kuri ubu ngo umubano wabo waba ugiye kurangira burundu dore ko bavugwaho gusaba gatanga.
Nk’uko ibinyamakuru 7sur7 na Life & Style byabitangaje, nyuma y’uko Jay Z yavuzweho gukubitwa na muramu we Solange Knowles , umugore we Beyonce na we ngo yafashe icyemezo cyo gutandukana na we amuziza kumuca inyuma cyane.
Aya makuru ataragira icyo avugwaho na Beyonce cyangwa umugabo we Jay Z, yemeza ko ibi byamamare byombi byaba bigiye gutandukana nk’umwanzuro ukomeye wo kurangiza ibibazo bafitanye.
Mu minsi mike ishize, Jay Z yavuzweho inkuru y’uko yaba asigaye afite umukobwa ukina filime witwa Casey Cohen basigaye bacudikanye . Nubwo iyi nkuru yasakaye mu binyamakuru uyu Casey Cohen akabihakana, yemeza ko aziranye na Jay Z ndetse bakunda kubonana mu mahoteli y’i New York ariko ngo nta rukundo rwimbitse bagiranye.
Iyi nkuru yo gutandukana kw’aba bombi, ije ikurikiranye n’indi ivuga ko Beyonce atwite umwana wa kabiri.
Izi nkuru zose ziri kuvugwa kuri aba bombi, nta kintu na kimwe barabivugaho ngo abakunzi babo bamenye ukuri.



















TANGA IGITEKEREZO