Nyuma y’uruzinduko aherutse kugirira mu Rwanda, umuhanzi w’icyamamare Christina Aguilera, akomeje gutangaza uburyo Abanyarwanda bamukoze ku mutima.
Mu magambo yatangarije People Magazine yagize ati “Nabuze amagambo akwiye yasobanura uburyo Abanyarwanda bankoze ku mutima. Bakeneye ubufasha bwacu kandi nishimiye akazi turi kugerageza gukora muri kiriya gihugu. Gusa natahanye isoni zo gusubira iwacu ntabashishe gukora ibirenzeho”.
Aguilera, kuri ubu ufite umwana w’umuhungu w’imyaka itanu, anavuga ko byamuteye agahinda kenshi nk’umubyeyi kubona hari aho abana barara bishwe n’inzara, agira ati “Ku bwanjye, kubona ifunguro biri mu burenganzira bwa muntu, kumenya rero ko hari icyo nshobora gukora mu gufasha aba bana, ni iby’agaciro gakomeye kuri njye”.
Mu Rwanda kandi yasuye kimwe mu bigo by’amashuri, aho abana bakora urugendo rw’ibirometero birenga bitatu n’amaguru, atari impamvu zo kwiga gusa, ahubwo ko ari naho honyine baba bizeye kubona ifunguro rimwe rukumbi ry’umunsi.



















TANGA IGITEKEREZO