Umuraperi Jay-Z, yatangaje ko umugore we Beyoncé adatwite nk’uko byari bimaze igihe bivugwa hirya no hino mu bitangazamakuru.
Ibi Jay-Z yabitangaje abinyujije mu butumwa bwa E-mail yohereje Ebro Darden, umuyobozi wa Radio The Hot 97 yo muri New York wari wamwandikiye amwoherereza ubutumwe bw’ishimwe bw’uko umugore we atwite.
Jay-Z yagize ati: “Oya, Beyoncé ntatwite. Ni ibinyoma. Imbuga za internet zitanga amakuru [websites] nazo zimeze neza nk’imbuga bwite z’abantu [blogs]”.
Urubuga E! Entertainment ruri mu bitangazamakuru byakomye rutenderi mu kwandika ko Beyoncé atwite ahanini bishingiye ku kuba yari yarasubitse bimwe mu bitaramo bye mu Bubiligi kubera umunaniro.
Beyoncé kandi yaherukaga gusa n’ukojeje agati mu ntozi ubwo yashyiraga ifoto yanditseho amagambo anyomoza aya makuru y’ugutwita kuri Instagram agahita ayikuraho igitaraganya.
Hari kandi n’amafoto yari ari gucicikana mu bitangazamakuru agaragaza ko Beyoncé, atwite.



















TANGA IGITEKEREZO