Nyuma yo kwibaruka umwana bakamwita Norht West, ubu Kanye West na Kim Kardashian batangaje ko bagiye kurushinga ku mugaragaro.
Kuri Kanye West na Kim nyuma nyuma kwibaruka urukundo ni rwose. Bari guhanahana impano zihenze, bavuga ko urukundo rwabo rugiye gutuma banasezerana.
Nyamara nubwo gushyingirwa bijyana no kwibaruka, aba bo barabicuritse, ari yo mpamvu bashaka ubukwe nyuma yo kubona urubyaro.
Umuraperi Kanye West ntiyazuyaje yahise agira ati “Erega ubukwe si kera, ni muri Nzeri uyu mwaka rwose, ndetse buzabera no mu mujyi wa Paris”.
Kanye West akomeje kugaragaza ibyishimo bidasanzwe nk’uwatunguwe no kubona Kim abyara.



















TANGA IGITEKEREZO