Katy Perry ni umwe mu baririmbyi b’abagore babarirwa mu banyamafaranga muri Amerika. Mu muziki azwi cyane mu ndirimbo ’Roar’, ’Dark Horse’, ’Wide Awake’, ’Last Friday Night’, n’izindi. Yakunze no kugaragara muri filime zitandukanye, iyo mirimo yose akayihuza n’ubushoramari mu nganda z’imibavu.
Uyu mugore uri mu bagize akanama nkemurampaka k’irushanwa rya American Idol,yongeye gutungurana. Ubwo yari yicaranye na bagenzi be batanga amanota ku bahatanye yaje gutahura ko ipantaro yari yambaye imucikiyeho niko guhaguruka ahita abibereka adasize n’abari bakurikiye imigendekere y’icyo gikorwa.
Yagize ati “Niciriyeho ipantalo.” Yahise ahaguruka arahindukira yiyereka abafana, mugenzi we Lionel Richie yagerageje kumufubafuba anamubwira ati “Rinda abana,” ariko undi akomeza kugaragaza ko ashimishije no kuherekana mu maso y’abari babakurikiye.
Ipantaro ya Katy Perry yafunzwe hakoreshejwe ‘papier collant’ asubira mu byicaro bye ari nako akomeza kuvuga amagambo yumije benshi ati “Muhishe ikibuno cyanjye.”
Uyu muhanzi w’imyaka 33 ntabwo ari ubwa mbere akoze ibikorwa byarangariwe cyane muri iri rushanwa kuko mu gihe gishize nabwo yituye hasi akerekana bimwe mu bice by’umubiri we bikavugisha benshi bamubonye.
Yaherukaga kuvugwa cyane mu itangazamakuru ubwo yatunguraga umusore w’imyaka 19 uri mu bahatanye muri iri rushanwa witwa Benjamin Glaze akamusoma ku munwa nyuma yo kumubaza ibibazo bitandukanye ku bikorwa akunda ko abakobwa bamukorera.
Mu gihe hari abasore batabarika ku Isi bumva bifuza gusomana na Katy Perry, kuri Benjamin Glaize ngo byaramubabaje ndetse ahamya ko ari byo byatumye atsindwa kuko yacuranze umutima we utari hamwe ahubwo ngo yatekerezaga ku gikorwa yari amaze gukora.
Katy Perry amaze iminsi anavugwa cyane mu ihangana n’umubikira utarashimishijwe n’uburyo uyu muhanzi ngo yifuza kugura ikibanza cy’ahahoze urugo rw’ababikira muri Calfornia ndetse akaba yaranamuregeye Papa Francis mu kurwanya ko abigeraho.



















TANGA IGITEKEREZO