00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Kim Kardashian yibarutse umukobwa

Yanditswe na

Munyentwari Patrick

Kuya 16 June 2013 saa 03:00
Yasuwe :

Nyuma y’amagambo menshi yavuzwe mu itwita rya Kim Kardashian , ijoro ryatambutse nibwo yaraye yibarutse umukobwa ari nawe w’imfura ye.
Ahagana mu ma Saa tatu z’ijoro( 21h00), kuri uyu Gatandatu ,nibwo Kim yibarutse umukobwa mu bitaro bya “Cedars-Sinai Medical Center” biri i Los Angeles, aho yajyanywe kuri uyu wa Gatanu nyuma yo gufatwa n’ibise.
Nyuma y’amagambo amaze iminsi avugwa, arimo kuba Kanye West yaba yishakiraga abandi aryamana nabo mu gihe Kim atwite n’ibindi, (…)

Nyuma y’amagambo menshi yavuzwe mu itwita rya Kim Kardashian , ijoro ryatambutse nibwo yaraye yibarutse umukobwa ari nawe w’imfura ye.

Ahagana mu ma Saa tatu z’ijoro( 21h00), kuri uyu Gatandatu ,nibwo Kim yibarutse umukobwa mu bitaro bya “Cedars-Sinai Medical Center” biri i Los Angeles, aho yajyanywe kuri uyu wa Gatanu nyuma yo gufatwa n’ibise.

Nyuma y’amagambo amaze iminsi avugwa, arimo kuba Kanye West yaba yishakiraga abandi aryamana nabo mu gihe Kim atwite n’ibindi, ntibyabujije uyu muraperi kuza kwishimana n’umufasha we, no kwishimira imfura yabo bombi.

Kim Kardashian yabyaye abazwe nyuma yo kujyanwa mu bitaro igitaraganya Gatanu, ubwo yari yafashwe n’ibise.

Urubuga 7sur7 rwanditse ko Kim na Kanye West bahise bataha mu gitondo cyo kuri iki cyumweru, nubwo umwana atahawe izina akivuka.

Kanye West na Kim Kardashian bari mu Rukundo
Ubwo Kim Kardashian yari atwite
Aha Kim Kardashian yari ari kubyara abazwe
Ibyishimo byari byose nyuma yo kwibaruka

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages