Umuraperi Lil Wayne yanditse ku rubuga rwa twitter yisobanura impamvu aherutse kugaragara afata amashusho y’indirimbo ye nshya yise “God Bless America” (aho yakandagiye ibendera ry’igihu cya Leta Zunze Ubumwe Z’Amerika) avuga ko yabikozwe atabigambiriye.
Lil Wayne yasobanuye ko ari ibyago yagize avuga ko ryaguye akarikandagira atabishaka ubwo bari bageze aho muri iyo ndirimbo ye nshya bamwerekana ari kugaragaza ibendera inyuma ye mu gihe ari kurapa.
Gusa muri iyi ndirimbo humvikanamo amagambo akomeye kandi akarishye.
Gukandagira ibendera ry’Amerika kwa Lil Wayne byakuruye umwuka mubi mu bakuunzi be.
Mu ifatwa ry’amashusho y’indirimbo "God Bless America" Lil Wayne akandagira ibendera ry’Amerika:



















TANGA IGITEKEREZO