00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Nyuma y’ubushyamirane bukaze, Drake na Chris Brown bagiye gukorana indirimbo

Yanditswe na

Thamimu Hakizimana

Kuya 4 October 2013 saa 10:40
Yasuwe :

Nyuma y’imirwano n’ubushyamirane bya hato na hato biherutse kugirana, ahanini biturutse kuri Rihanna, ubu umuraperi ukomoka mu gihugu cya Canada, Drake, n’umuraperi akaba n’icyamamare mu njyana ya R&B, Chris Brown bagaragariye muri Studiyo bari kumwe.
Ibi byamamare birateganya kugaragara mu Iserukiramuco rya muzika rimwe, aho banateganya guhita bakorana indirimbo nk’uko byanditswe na Page Six, kimwe mu bitangazamakuru byo muri Amerika.
Abinyujije ku rubuga rwe rwa Facebook, Chris (…)

Nyuma y’imirwano n’ubushyamirane bya hato na hato biherutse kugirana, ahanini biturutse kuri Rihanna, ubu umuraperi ukomoka mu gihugu cya Canada, Drake, n’umuraperi akaba n’icyamamare mu njyana ya R&B, Chris Brown bagaragariye muri Studiyo bari kumwe.

Ibi byamamare birateganya kugaragara mu Iserukiramuco rya muzika rimwe, aho banateganya guhita bakorana indirimbo nk’uko byanditswe na Page Six, kimwe mu bitangazamakuru byo muri Amerika.

Abinyujije ku rubuga rwe rwa Facebook, Chris Brown, unazwi ku kabyiniro ka Breezy, kuri uyu wa Kane yanditse avuga ko ari muri Studiyo na Drake aho ati “Ndi kumwe na Drake muri Studio”.

Gusa aya magambo Breezy yahise ayasiba.

Mbere gato y'uko Chris Brown, wari wambaye ubusa mu gatuza, arwana na Drake
Dore uko Chris Brown yagizwe biturutse mu mirwano ikomeye yagiranye na Drake

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages