00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

P. Diddy uregwa ihohotera rishingiye ku gitsina ayoboye abaraperi bakize mu 2017

Yanditswe na IGIHE
Kuya 11 May 2017 saa 10:06
Yasuwe :

Umuraperi Sean Combs[P. Diddy] yongeye kuza imbere ku rutonde rw’abaraperi b’abanyamafaranga binjije menshi muri 2017, ni ku nshuro ya gatanu abaye uwa mbere mu myaka itandatu ishize.

Uyu muraperi ni we uyoboye urutonde rwakozwe n’ikinyamakuru Forbes rw’abaraperi b’ibihangange kandi b’abanyamafaranga binjije menshi mu mwaka wa 2017. Mu mwaka ushize nabwo yari ku mwanya wa mbere, icyo gihe yari yarinjije miliyoni 62 z’amadolari.

Muri aya mezi cumi n’abiri ashize P.Diddy aracyari imbere, ubu afite kuri konti miliyoni 820 z’amadolari. Ni uwa mbere mu myaka itandatu ishize uretse muri 2014 ubwo Dr.Dre yamwitambitse gusa kuri iyi nshuro yabaye uwa gatatu.

Umubare munini w’amafaranga P.Diddy atunze asigaye ayavana mu kigo yashinze muri 2013 cya REVOLT, ibicuruzwa bye birimo Aquahydrate ,Ciroc vodka n’imyenda ya Sean John.

Inyuma ya P.Diddy haje umuraperi Jay-Z ubu ufite miliyoni 810 z’amadolari [mu mwaka ushize nabwo yari uwa kabiri]. Muri iki gihe Jay Z w’imyaka 47, amafaranga menshi ayavana muri kompanyi ye ya Roc Nation no mu kinyobwa cya Armand de Brignac, amaze no kunguka amafaranga atabarika binyuze mu gucuruza no gusakaza umuziki ku Isi.

Jay Z akurikiwe na Dr Dre ubu ufite miliyoni 740 z’amadolari mu gihe nyiri Cash Money Birdman ari inyuma ye na miliyoni 110 z’amadolari. Umuraperi Drake uri mu bahagaze neza ku mafaranga muri iki gihe ni uwa gatanu na miliyoni 90 z’amadolari.

Jay Z yayoboye urutonde rw’abaraperi bafite ubutunzi bwinshi kurusha abandi ku nshuro ya mbere mu 2007, icyo gihe yari afite miliyoni 34 z’amadolari. 50Cent yabaye uwa kabiri naho P. Diddy aba uwa gatatu none imyaka itanu irihiritse abaza imbere bose.

Puff Daddy amaze imyaka 27 akora umuziki kuko yawutangiye mu 1990, kugeza ubu ni umwe mu baraperi bafite amafaranga menshi ku Isi. Ni we washinze label ikomeye ya Bad Boy Records.

Ikinyamakuru TMZ giherutse gutangaza inkuru y’umugore witwa Cindy Rueda wahoze akora mu rugo rw’uyu muraperi , yamujyanye mu nkiko amushinja ko yamukoreye ihohotera rishingiye ku gitsina inshuro nyinshi.

Mu kirego cye, Cindy Rueda yasobanuye ko hari n’igihe P.Diddy yategekaga uyu mugore kwinjira mu cyumba cye yambaye ubusa akamwereka igitsina cye nyuma akamubaza ‘niba yakunze ibyo yabonye’.

Jay Z ari ku mwanya wa kabiri
Umuraperi Dr Dre ari ku mwanya wa gatatu
Nyiri Cash Money, Birdman yaje ku mwanya wa kane
Drake ari ku mwanya wa gatanu

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages