Umukinnyi w’amafilimi Robert Pattinson kuri ubu ngo arababaye cyane kuko nyuma yo gutandukana n’uwari umukunzi we, yamaze gucana umubano na Katy Perry yari yerekejeho urukundo.
Nk’uko byatangajwe n’abamuba hafi, ngo Robert Pattinson amerewe nabi kuko noneho ubu ari wenyine, n Yuma yo gushaka urukundo kwa Katy Perry ntibishoke, bitewe n’ijambo “Nasomye umukobwa” yavuze rikagwa nabi uyu mukobwa yashakagaho urukundo.
Nyamara ibi ngo bishobora kuba biterwa urukundo uyu muririmbyikazi yari afitanye n’uwari umukunzi we John Mayer, rwari rutarashira.
Urubuga The Sun rwatangaje ko Robert ubu nta mahoro afite, kuko abona kuba yasubirana na Kristen bidashoboka, ibi bikaba birushaho kumushyira mu kato.
Robert atangaza ko abona icyamumara agahinda ari uko yakwerekeza mu muziki, agafata Gitari ye akicurangira, bitewe nuko abona ari byo bizatuma agira imbaraga zo kugira icyo akora.



















TANGA IGITEKEREZO