00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Umuhanzi ‘Georges Moustaki’ yitabye Imana

Yanditswe na

Patrick Munyentwari

Kuya 23 May 2013 saa 01:57
Yasuwe :

Umuhanzi w’umufaransa Jeseph Georges Moustaki, wamenyekanye cyane mu ndirimbo ‘Le mèteque’, yaraye yitabye Imana ku myaka 79, aguye iwe mu rugo i Nice.
Uyu muhanzi wavukiye i Alexandria mu Misiri ku babyeyi b’Abagiriki mu w’1934 akitwa Joseph Moustaki, waje gufata n’irya ‘Georges’ ubwo yatangiranga kuririmba, yaguye iwe mu rugo azize indwara y’ubuhumekero, nyuma yo kumara imyaka igera kuri ine atigaragaza imbere y’abakunzi ba muzika ye, dore bamuherukaga ku itariki 8 Mutarama 2009 i (…)

Umuhanzi w’umufaransa Jeseph Georges Moustaki, wamenyekanye cyane mu ndirimbo ‘Le mèteque’, yaraye yitabye Imana ku myaka 79, aguye iwe mu rugo i Nice.

Uyu muhanzi wavukiye i Alexandria mu Misiri ku babyeyi b’Abagiriki mu w’1934 akitwa Joseph Moustaki, waje gufata n’irya ‘Georges’ ubwo yatangiranga kuririmba, yaguye iwe mu rugo azize indwara y’ubuhumekero, nyuma yo kumara imyaka igera kuri ine atigaragaza imbere y’abakunzi ba muzika ye, dore bamuherukaga ku itariki 8 Mutarama 2009 i Barcelona muri Epanye ubwo yari mu gitaramo atanabashije kurangiza kubera ubu burwayi bwamuhitanye, nk’uko 7sur7 kibitangaza.

Georges Moustaki yabanje gukora akazi k’itangazamakuru aza kuba umuhanzi, maze mu w’1969, ashyira hanze indirimbo zamenyekanye cyane nka ‘Le métèque’, ‘La mer m’a donné’, ‘Ma Solitude’, ‘Le temps de vivre,, n’izindi.

Nyakwigendera Joseph Geroges Moustaki

Reba indirimbo ’Le methèque’ hano:


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages