Ahagombaga kubera ibitaramo bitandukanye mu ngoro y’umwami i Buruseli, ubu ntihagikoreshwa kubera amazi aterwa n’urubura rwashotse ahari kuririmbirwa n’ahandi hasigaye atatuma hari abantu bsahahurira.
Inkuru dukesha urubuga 7sur7 ivuga ko igisenge cyari cyubatse mu kirahure ubu kitakibashije kwihanganira ishonga ry’urubura. Abashinzwe imirimo yo mu ngoro bagegerageza guhangana n’urwo rubura bakoresheje indobo n’ibindi bikoresho, ariko biranga biba iby’ubusa urubura rurabahagarika.
Kugeza ubu ibitaramo byose byagombaga kuhabera muri iyi minsi byahagaritswe ku mpamvu z’umutekano w’abaririmbyi n’abagombaga kubyitabira.
Ubu hategerejwe uruhare rw’inzobere mu kurwana n’iki kibazo, ariko ngo ababishinzwe bakomeje kugaragaza ko batewe impungenge n’ibi bihe bishobora kutera izindi ngaruka.



















TANGA IGITEKEREZO