Televiziyo y’Abanyamerika ya CBS yerekana itangwa ry’ibihembo bya Grammy Awards biri kuba, irasaba umugore wese uzitabira uwo muhango kuzambara akikwiza ntiyerekane imiterere y’umubiri we nk’uko byakunze kugaragara mu birori nk’ibi byahise.
Ibi biraterwa n’uko hari abakunze kwambara imyamboro igaragaza ibice by’umubiri wabo bashaka ko abantu babibazaho cyangwa kugira ngo n’itangazamakuru rigire ibyo ribandikaho, hakaba hatangwa urugero ku bahanzi Katy Perry, Rihana n’abandi bafite imyambarire ikunze kwibazwaho.
CBS itangaza ko iki ari ikibazo gikomeye, ikanaburira abari n’abategarugori ko gushyira imyanya ndangamiterere yabo nk’amabere, ikibuno n’ahandi ku karubanda atari byiza kandi bitemewe muri uyu muhango utegerejwe.



















TANGA IGITEKEREZO