Rimwe mu matsinda akunzwe cyane mu Burundi Lion Story n’itsinda ryo mu Rwanda riririmba mu njyana ya Reggae ryitwa Kidz Voice (ubu ryahindutse Strong Voice) bataramiye Abanyarwanda ku itariki ya 15 Ukuboza 2012.
Iki gitaramo cyabereye i Kigali mu Rwanda, kuri Alpha Palace i Remera.
Aganira na IGIHE , Dusabimana Heritier, w’imyaka 25, uririmba mri Kidz Voice yavuze ko aba bahanzi basanzwe bakorana ibitaramo mu Burundi no mu Rwanda, yongeraho ko iki gitaramo cyari mu rwego rwo kwifurizanya umwaka mushya wa 2013 ku bafana babo mu njyana ya Reggae.
Sikubwabo Romeo uririmba muri Lion Story yavuze ko baje gushyigikira bagenzi babo bo mu Rwanda, yongeraho ko bishimiye kuba abafana baragaragaje ko banyuzwe n’umuziki wa Live babakoreye.
Reba uko byari byifashe mu mafoto n’amashusho:



















TANGA IGITEKEREZO