Ubwo byari biteganijwe ko tariki 12 Ukwakira mu ishuri ryisumbuye rya APACE hatorwa Nyampinga urihagarariye, ntibyabaye ndetse ntibateganya ko yatorwa ku bw’icyifuzo cy’ababyeyi baharerera.
Abakobwa bagera kuri 15 bari bamaze igihe igihe bitoza ntibyabashje kuba bitewe nuko ababyeyi nyuma yo kumenya ko byakwiye mu itangazamakuru, bahitamo kubihagarika bitewe n’mpamvu umuyobozi w‘iri shuri yatangarije IGIHE.
Ati “Ababyeyi barerera muri iri shuri nibo bifuje ko Nyampinga w’iri shuri atatorwa bitewe nuko mu ishuri ry’abadive amarushanwa nk’aya batayemera kandi ishuri ni iry’ababyeyi”.
Bivugwa ariko ko hari bamwe mu babyeyi batishimiye iby’aya marushanwa bavuga ko yararura abana babo, kandi ko bakiri bato.
Aba banyeshuri batozwaga n’igisonga cya kabiri cya Nyampinga w’u Rwanda, Ariane Umurerwa, ariko baza guhagarikwa ababyeyi basaba ko byahindurwamo irindi rushanwa.
Umuyobozi w’iri shuri yatangaje ko bahise bategura guhemba amashuri yagiye yitwara neza mu gukira ikinyabupfura, imitsindire mu ishuri, isuku n’ibindi, ari nabwo bahembwe kuwa gatandatu tariki 12 Ukwakira, ishuri ryahize ayandi muri ibi byose rikaba iry’umwaka wa gatanu w’ibijyanye na mudasobwa n’icungamutungo C (5é Computer Science and management).
Hahembwe kandi n’abatsinze kurusha abandi mu masomo.
Iri shuri rya APACE ryigamo umuhanzi Christopher, ryizweho n’abandi bahanzi barimo Knowless, Producer Clement Ishimwe, Producer Devydanko, Kamichi, Tonzi, Aline Gahongayire n’abandi.
Reba aba banyeshuri bari mu myitozo:



















TANGA IGITEKEREZO