Nyuma y’aho mu irushanwa rya Primus Guma Guma Super Star ku nshuro ya gatatu ribaye, ni nako hagenda hagaragaramo udushya twinshi dutandukanye. Mu gitaramo cya bereye i Nyamagabe ku itariki ya 18 Gicurasi 2013, nibwo Rwarutabura umufana ukomeye w’ikipe ya Rayon Sports yarumwe na Kanyombya ku kibuno ubwo yageragezaga kumusaba kuba yamusubiza hasi Rwarutabura yanze, Kanyombya yitabaje amenyo, kuri ubu Rwarutabura aratangaza ko nta rwango rwari rurimo ku byamubayeho byose .
Mu kiganiro na IGIHE, Rwarutabura yagize ati: “Ibyabaye byose ndumva nta rwango rwari ruri hagati yanjye na Kanyombya, yansabye kuba namusubiza hasi ntinze ahitamo kunduma ariko ntacyo nabaye kuko nababaye icyo gihe akimara kunduma gusa ntabwo nakomeretse”.
Rwarutabura ndetse na Kanyombya ni bamwe mu bantu bashyigikiye umuhanzi Senderi International Hit mu irushanwa rya Primus Guma Guma Super Star III.
Amwe mu mafoto yaranze irumwa rya Rwarutabura.



















TANGA IGITEKEREZO