00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Irushanwa rya PGGSS III ku nshuro ya 3 riratangiye i Rusizi

Yanditswe na

Joel Rutaganda

Kuya 11 May 2013 saa 02:47
Yasuwe :

Ku nshuro ya 3 irushanwa rya Primus Guma Guma Super Star riratangiye I Rusizi mu ntara y’Iburengerazuba.
Mbere y’uko abahanzi baririmba habanje gushyushya imbaga itari nke yaje muri icyo kirori babifashijwemo na Mc Tino ndetse na Anita Pendo.
Reba uko igitaramo gitangiye byifashe, kandi tubibutse ko mugikurikirana cyose uko kiri bugende.
Umuhanzi wa mbere uje ni Urban Boys
Umuhanzi wa kabiri i Mico The Best
Umuhanzi wa Gatatu ni Christopher
Umuhanzi wa Kane ni Knowless
Umuhanzi (…)

Ku nshuro ya 3 irushanwa rya Primus Guma Guma Super Star riratangiye I Rusizi mu ntara y’Iburengerazuba.

Mbere y’uko abahanzi baririmba habanje gushyushya imbaga itari nke yaje muri icyo kirori babifashijwemo na Mc Tino ndetse na Anita Pendo.

Reba uko igitaramo gitangiye byifashe, kandi tubibutse ko mugikurikirana cyose uko kiri bugende.

Uyu musore yerekanye ko ari umufana wa Knowless.
Aba basore ni abafana ba Rayon Sport bakomeye cyane harimo uzwi nka Rwarutabura, bose bari inyuma ya Senderi
Uyu ni Mc Tino na Anita Pendo barimo gushyushya abantu.
Aba ni abakunzi b'abahanzi baje kubashyigikira muri ibi bitaramo.

Umuhanzi wa mbere uje ni Urban Boys

Urban Boys niyo ibanje gususurutsa imbaga y'abantu.

Umuhanzi wa kabiri i Mico The Best

Uyu ni Mico The Best arimo gushimisha abantu baje muri iki gitaramo

Umuhanzi wa Gatatu ni Christopher

Umuhanzi wa gatatu uje ni Christopher

Umuhanzi wa Kane ni Knowless

Knowless ari nawe mukobwa rukumbi uri muri iri rushanwa rya Primus Guma Guma Super Star ku nshuro ya Gatatu

Umuhanzi wa Gatanu ni Senderi International Hit

Nguyu Senderi imbere y'abantu benshi bari baje kubashyigikira.

Umuhanzi wa Gatandatu ni itsinda rya Dream Boys

Dream Boys niyo irimo gushyushya abantu.

Umuhanzi ukurikiyeho wa karindwi ni Fireman.

Nguyu Fireman arimo gususurutsa abakunzi ba muzika nyarwanda.

Umuhanzi wa Munani ni Bulldogg

Bulldogg arimo kuririmba indirimbo (Ibyamirenge).

umuhanzi uje ku mwanya wa cyenda ni Kamichi

Kamichi arimo kuririmba indirimbo (Aho Ruzingiye).

umuhanzi uje ku mwanya wa cumi ni Riderman

Riderman u ndirimbo ye (Igitangaza).
Amag The Black yaje kuza atunguranye cyane kuko nta muntu wari uzi ko ahari.

Umuhanzi Danny Nanone niwe usoje igitaramo cyaberaga i Rusizi mu mujyi wa Kamembe mu marushanwa ya PGGSS III

Danny Nanone niwe uririmbye nyuma y'abandi igitaramo gihita kirangira.

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages