00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Itorero Inyamibwa ryateguye ibitaramo bibiri i Kigali n’i Huye

Yanditswe na

Richard Irakoze

Kuya 29 July 2013 saa 05:52
Yasuwe :

Kuri uyu wa 2 no kuwa 4 Kanama itorero Inyamibwa rizakora ibitaramo bibiri I Kigali na Huye mu rwego rwo kurushaho gususurukana n’abakunzi baryo no kugaragaza ubwiza bw’umuco nyarwanda.
Ibi bitaramo bizatangira mu masaha y’umugoroba (6:00PM) byiswe “[u Rwanda] turwambike inkindi”.
Aganira na IGIHE Lambert Niyonshuti, umuyobozi w’itorero Inyamibwa yavuze ko igitaramo cya mbere kizabera I Remera ahitwa ku gicumbi cy’Umuco, aho kwinjira bizaba ari ibihumbi bitanu muri VIP, bitatu ku bakuru (…)

Kuri uyu wa 2 no kuwa 4 Kanama itorero Inyamibwa rizakora ibitaramo bibiri I Kigali na Huye mu rwego rwo kurushaho gususurukana n’abakunzi baryo no kugaragaza ubwiza bw’umuco nyarwanda.

Ibi bitaramo bizatangira mu masaha y’umugoroba (6:00PM) byiswe “[u Rwanda] turwambike inkindi”.

Aganira na IGIHE Lambert Niyonshuti, umuyobozi w’itorero Inyamibwa yavuze ko igitaramo cya mbere kizabera I Remera ahitwa ku gicumbi cy’Umuco, aho kwinjira bizaba ari ibihumbi bitanu muri VIP, bitatu ku bakuru n’igihumbi ku bana.

Yavuze kandi ko igitaramo cy’i Huye kizabera mu nzu mberabyombi, aho kwinjira bizaba ari ibihumbi bitatu muri VIP, bibiri ku bakuru n’igihumbi na Magana atanu ku bana.

Yijeje abakunzi b’iri torero ko nk’ibisanzwe igitaramo kizaba kiryoheye ijisho kandi ko kizatangirira igihe. Yavuze kandi ko Itorero Inyamibwa ritegura ibindi bikorwa bizaba byiganjemo urubyiruko.


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages