Bitewe n’uburemere bugiye guhabwa igikorwa cyo gutora Nyampinga w’ishuri ryisumbuye rya APACE ku nshuro ya mbere, higijwe inyuma itariki bizaberaho.
IGIHE twari twabatangarije ko iki gikorwa cyari giteganijwe ko Nyampinga APACE atorwa kuri uyu wa 29 Kamena, ariko amakuru mashya dukesha ababitegura aravuga ko babyimuriye ku itariki ya 17 Nyakanga 2013.
Uretse kuba bagiye kwinjira mu bihe by’ibizamini bisoza igihembwe cya kabiri, ni umwanya uhawe abari mu marushanwa kwitegura bihagije batabangamiye amasomo.
Uhujimfura Claude, ushinzwe imenykanisha ry’ibikorwa nk’ibi muri iri shuri, avuga ko kimwe mu bikorwa Nyampinga APACE azakora nyuma yo gutorwa harimo kuba yakwifashisha bagenzi be kwigisha ikoranabuhanga mu turere dutandukanye mu Rwanda.
Twongere tubereke amafoto y’abakobwa bazatorwamo Nyampinga muri APACE



















TANGA IGITEKEREZO