Buri tariki ya nyuma y’umwaka, mu Rwanda haba igitaramo gikomeye gisoza umwaka kimaze kumenyerwa ku izina rya ‘Happy People’.
Icy’uyu mwaka kizaba kirimo Dj Fully Focus, usanzwe ukorera muri Amerika, kibere kuri National Library ku Kacyiru hafi ya Ambassade y’Abanyamerika.
Aganira na IGIHE, Aime Crispin, umwe mubategura Happy People, yavuze ko kizatangira saa yine z’ijoro kigeze saa moya za mu gitondo. Yavuze ko ibyo kunywa no kurya bizaba bihari nk’uko bisanzwe.
Yongeyeho ko agashya muri iki gitaramo ari ubuhanga buzagaragazwa n’uyu mu DJ hamwe n’abandi basanzwe bamenyerewe mu Rwanda, nka DJ Khalim n’abandi.
Avuga kandi ko hazaturitswa ibishashi by’umuriro (Fireworks) muri iki gitaramo, kwinjira muri bikazaba amafaranga y’u Rwanda ibihumbi icumi (10,000 Rwf).



















TANGA IGITEKEREZO