00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Ku myaka 21, umurundikazi Munwangari yamurikiye imico ya EAC mu Rwanda

Yanditswe na

Richard IRAKOZE

Kuya 29 January 2012 saa 08:36
Yasuwe :

Cynthia Munwangari, umuhanzi w’imideri wo mu gihugu cy’u Burundi yamuritse imideri igezweho yo mu bihugu bigize Afurika y’i Burasirazuba, mu gitaramo yakoreye muri Serena Hotel i Kigali, ku mugoroba wo kuwa Gatandatu tariki ya 28 Mutarama 2012.
Munwangari, wabaye nyampinga uzi kwifotoza mu marushanwa ya CIN&CO (muri Uganda), abifashijwemo n’abahanzi b’imideri n’abakobwa bakora imyiyerekano (mannequins) baturutse mu bihugu bya EAC yavuze ko mu gihugu cy’u Burundi, cyo kimwe no muri EAC, (…)

Cynthia Munwangari, umuhanzi w’imideri wo mu gihugu cy’u Burundi yamuritse imideri igezweho yo mu bihugu bigize Afurika y’i Burasirazuba, mu gitaramo yakoreye muri Serena Hotel i Kigali, ku mugoroba wo kuwa Gatandatu tariki ya 28 Mutarama 2012.

Munwangari, wabaye nyampinga uzi kwifotoza mu marushanwa ya CIN&CO (muri Uganda), abifashijwemo n’abahanzi b’imideri n’abakobwa bakora imyiyerekano (mannequins) baturutse mu bihugu bya EAC yavuze ko mu gihugu cy’u Burundi, cyo kimwe no muri EAC, haba abakobwa beza cyane ariko batajya babona uburyo bwo kwerekana ubwo bwiza. Akavuga ko yaje kubatinyura bagafatira urugero ku banyarwandakazi.

Mu kiganiro yagiranye na IGIHE.com, Munwangari yagize ati:”Iwacu dufise abakobwa beza cane ariko ntibafite aho berekana ubwiza bwabo, twaje ino kugira ngo bigire ku Rwanda; u Burundi natwe tumere nkamwe.”

Ubu bwiza bunashimangirwa na Christelle Kanyamuneza Amina, umubyinnyi w’itorero Intatana, wagize uti:”Twaje kwerekana ivy’akaranga k’u Burundi tubicishije mu ntambo, twerekana ingene u Burundi bufise ibintu vyiza, bufise abakobwa beza”.

Munwangari yavuze kandi ko ubu bufatanye buzarushaho kongera ubwiza mu mico y’ibihugu bya EAC, agira ati:”Imico yacu tuyishize hamwe turashobora kuyihindura, urashobora gufata nk’ikidede c’Umumasayi nkagishira ku mpuzu y’Umurundi bigatanga ikindi kintu. Twishize hamwe twese turashobora gukora ikintu cotuma EAC yacu iba ikintu gikomeye gusumba ubu”.

Munwangari, ashimangira ko kuba yaraje gukorera iyi myiyerekano mu Rwanda bigamije no gushaka guhosha itambara zibera mu Burundi abinyujije mu guhindura imitekerereze y’Abarundi.

Yagize ati:” Ibi turiko turakora ni kugira Abarundi bagerageze kuguruka mu mutwe babone ko hari ibindi bintu bikenewe gusumba kugwana, gusumba ubwo buzima bubi dufise kuko nta kintu turiko turapfa mu vy’ukuri. Hari ivyiza vyinshi dukwiriye kurata gusumba kwonona igihugu cacu … n’ubu haracari ingwano”.

Munwangari mu kiniga cyinshi yavuze ko ababazwa no kubona abakobwa benshi bo mu Burundi bagitinya kujya mu myiyerekano ndetse n’inzego nkuru z’ubuyobozi zitaraha agaciro nyako kwerekana imideri. Yagize ati:”Birababaje ko umuntu yoja gukorera ikintu mu kindi gihugu kandi iwanyu mugishoboye ngaho baragarura akenge bakavuga kubera iki twebwe, ninosubirayo ndabizi bazoba bagaruye akenge”.

Muri iki gitaramo herekanywe imyambaro ikorwa na Munwangari yitwa ‘Collection Munwangari’, imyenda ikorwa n’Abanyarwanda harimo iya Aline Gahongayire yitwa ‘Girls we Care’ (Alga Fashion Shop) ndetse na Inzuki Designs nayo ikorera mu Rwanda.

Kanda hano urebe amafoto yose

Foto: R. IRAKOZE

Amwe mu mafoto

Kwerekana imideri uko byari bimeze
Bamwe mu bamurikka imideri ba Gahongayire
Dore umwe mu mideri ya Inzuki Design
Dore bamwe mu bakobwa bamurikaga imideri
Imbyino ndundi
Abarundi babyina
Imbyino ndundi
Murumuna wa Munwangari
Munwangari ashimira abamufashije bose

Kanda HANO na HANO urebe imbyino ndundi zabyinnywe muri Serena Hotel i Kigali muri iyo myiyerekano.

Reba Hano amafoto yose


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages