MC Tino wabaye umushyushyabirori (MC) imbere ya Perezida wa Repubulika Paul Kagame mu gitaramo cyo kwizihiza isabukuru y’imyaka 25 umuryango FPR Inkotanyi umaze uvutse, avuga ko yiteguye kuzaba MC imbere ya Perezida ndetse n’imbaga y’Abanyarwanda mu gihe cy’ukwezi n’iminsi 13.
MC Tino w’umuhanzi mu itsinda rya TBB, avuga ko byari inshuro ya kabiri aba MC imbere ya Perezida Paul Kagame. Yadutangarije ko yamenyeshejwe ko azaba MC w’iki gitaramo hakiri kare, ari na cyo cyamufashije gutangira kwitegura hakiri kare.
Akomeza avuga ko akigera muri Stade akabona ukuntu yuzuye yahise ajya mu rwambariro agasenga agira ati “Mana mpa ingufu zo guhagurutsa bariya bantu,” kandi yiyemeza gukoresha ingufu ze zose kugira ngo akore itandukaniro n’abandi ba MC.
Ibi ngo yabikoze kuko yatekerezaga ku mbaga y’Abanyarwanda ihari n’abari bube bamurebera kuri televiziyo batabashije kuhagera akabona kuza kubashimisha bitoroshye.
Tino ashimangira ko impamvu bamwe mu baMC bajya bajya imbere y’abantu bakabaha ‘Bouuuuuu’(Ntibabishimire) ari uko nta myiteguro ihagije baba babanje gukora.
Tino na Anitha bakoresheje imbara kandi muri rusange bashimishije abantu, ndetse ngo bashoje igitaramo bashimirwa uko bitwaye mu buryo butandukanye n’ubw’abandi.



















TANGA IGITEKEREZO