Gusengera, gusura inshuti, kwishimisha n’ibindi mu gihe cy’iminsi mikuri isoza umwaka; byatwaye umuraperi Riderman amafaranga agera ku bihumbi 500.
Ubwo twaganiraga na Riderman mu masaha ya saa yine z’ijoro ryo ku ya mbere Mutarama 2013, yagize ati “Kugeza kuri uyu mwanya ko maze gukoresha amafaranga menshi cyane! muri iyi minsi ari no mu minsi mikuru, guhura ninshuti, gusengera, gusengererwa,…ari hagati y’ibihumbi 400 na 500 ariko ntabwo ari munsi y’ibihumbi 500, ntibishoboka!”
Twifuje kumenya ikigereranyo cy’amafaranga ubusanzwe akoresha ku munsi atubwira ko bigoye kuyabara, kuko ngo biterwa na gahunda aba yagize. Ngo hari igihe aba yihaye akaruhuko, uwo munsi rero ntakoresha amafaranga menshi.



















TANGA IGITEKEREZO