Ni igikorwa kitabiriwe n’abamurika imideli baturuka mu Rwanda no hanze dore ko hari abavuye muri Sudani y’Epfo, Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, u Burundi, u Buyapani n’ahandi.
Mucyo Sandrine, Umuyobozi wa The Ssanduina Ltd, itegura ‘The Stage Fashion Showcase’ yabwiye IGIHE ko hiyandikishije abarenga 600 ariko abari bujuje ibisabwa bitabiriye bakaba bari 301.
Ati “Tukaba twatoranyije 60 bazamara amezi atatu mu mwiherero uzabera hano ’Mundi Centre’ no muri ‘Institut Français du Rwanda.”
Mucyo Sandrine yasobanuye ko ku itariki 5 Ukwakira 2024 muri Kigali Convention Centre hazaba igitaramo cyo guhitamo abamurika imideli babiri, umuhungu n’umukobwa buri wese ahembwe ibihumbi 800 Frw. Yongeyeho ko n’abahanga imideli babiri bazahiga abandi bazahembwa ibihumbi 400 Frw.
‘The Stage Fashion Showcase’ yabaye bwa mbere ku itariki 14 Ukwakira 2023 mu birori byabereye muri Kigali Marriot Hotel. Ni ibirori bigamije kuzamura uruganda rw’imideli mu Rwanda no kumurika impano nshya ku ruhando mpuzamahanga.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!