Uyu muhanzi yageze i Konombe ari kumwe n’itsinda rye n’umuhanga mu guhanga imideli wo muri Uganda, Abryanz uzaba ari mu kanama nkemurampaka kazahitamo abazitabira ibi birori barimbye kurusha abandi.
Ibi birori bigiye kuba ku nshuro ya kabiri bihuriza hamwe abahanga mu kurimba ndetse abahize abandi bakabihemberwa. Bitegurwa n’umunyamakuru wa Isibo TV, Uwamwezi Mugire uzwi nka Bianca.
Ni ibirori bitegerejwe kuri uyu wa 20 Kanama 2022, bikazabera muri Camp Kigali. Bizitabirwa n’ibyamamare bitandukanye nka Hamisa Hassan Mobetto wo muri Tanzania, Sheilah Gashumba n’abandi.
Usibye abo hanze kandi hari abahanzi nyarwanda bazasusurutsa abazitabira ibi birori barimo Bwiza, Alyn Sano na Chris Eazy.
Amatike yo kwinjira muri ibi birori akomeje kugurishwa binyuze ku rubuga rwa RGtickets.rw aya make ari kugura ibihumbi 10Frw mu myanya isanzwe, ibihumbi 20Frw mu myanya y’icyubahiro n’ibihumbi 300Frw ku meza y’abantu batandatu.
Amafoto: Rwema Derrick



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!