Ni ibirori byabereye muri Kigali Convention Centre ku wa Gatandatu tariki 28 Kamena 2025. Byateguwe ku bufatanye na Ssanduina LTD ya Mucyo Sandrine, usanzwe utegura ibirori byitwa ‘The Stage Fashion Showcase’.
Muri ibi birori abanyamideli batandukanye banyuze imbere y’abari bitabiriye bambaye imyambaro itandukanye yakorewe muri ‘Albert Supply Textile’.
Yarimo iy’abagabo n’abagore, ikorerwa muri uru ruganda rumaze igihe kitari kinini rutangiye gukorera mu Rwanda.
Mu myambaro yamuritswe harimo amakositimu, amashati, imipira y’amaboko magufi n’indi itandukanye.
Iyi myambaro ushobora kuyibeshyaho cyane ko idakoze nka ‘Made in Rwanda’ abantu basanzwe bazi, ahubwo iri mu buryo bw’isanzwe ariko yakorewe mu Rwanda.
Nsengiyumva Albert yabwiye IGIHE ko yahisemo gukora imyambaro imeze gutya kuko abenshi bifuzaga ko imyambaro ijya guhahwa mu mahanga abantu bajya bayibona mu Rwanda mu buryo bworoshye.
Ati “Ni igitekerezo nagize nshaka korohereza abantu bakenera imyambaro irimo nk’aya mashati meza mwabonye, amakositimu y’abasirimu nk’ayo twerekanye n’indi myambaro yagoraga kuba yabonwa mu Rwanda. Ni indi ntambwe nashakaga mu buhanzi bw’imideli.”
Nsengiyumva watangije uru ruganda ni umwe mu bashoramari bo mu Rwanda, bafite ibikorwa bikomeye.
Yatangiye ubushabitsi akiri muto, akora akazi k’ubudozi kuko ari bwo yize, uko iminsi igenda, yagura ibikorwa kugeza ubwo ageze ku ishoramari rya miliyari nyinshi z’Amanyarwanda mu bihugu birimo u Bushinwa na Centrafrique.
Uretse uru ruganda rukora imyambaro, arashaka gutangira guteza imbere uruganda rw’imideli abinyujije mu gutegura ibirori bitandukanye byo kuyimurika, ndetse yabitangiye ahereye kuri iki.
Amafoto: Mukayiranga Yassip



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!