Ni imyambaro y’abagore n’abakobwa. Muhire yabwiye IGIHE ko yayitekereje ashaka kuyitura abagore n’abakobwa.
Ati “Duhimba iyi mideli twahuje ibyo twagiye ducamo mu kuzamura uruganda mu Rwanda, cyane cyane ko bitari byoroshye muri icyo gihe, aho imyumvire y’Abanyarwanda muri rusange ku bijyanye n’uruganda rw’imideli ndetse na Made in Rwanda byari bikiri hasi. Mu bantu babyumvaga kurushaho benshi bari ab’igitsinagore ari muri urwo rwego nahisemo kubatura iyi myambaro mishya.’’
Inkanda House ni inzu ikora igahanga imideli, iri mu za zafunguye imiryango mu Rwanda. Iyi myambaro mishya bashyize hanze igenewe igitsinagore mu mabara yijimye. Iyi myambaro mishya bayise “Ndabaga” isobanuye umugore cyangwa umukobwa ushoboye.
Iyi myambaro ije ikurikira indi irenga 20 iri mu yo Inkanda House yagiye ishyira hanze, ikayereka Abanyarwanda baba mu Rwanda ndetse n’abo hanze.
Muhire watangije iyi nzu ihanga imideli yavuze ko nk’umuhanzi w’imideli, uri mu ba mbere bafashe iya mbere mu gukangurira Abanyarwanda cyane cyane urubyiruko ko imideli ari ikintu cyateza umuntu ku giti cye imbere ndetse n’igihugu muri rusange, yishimira urwego uru ruganda rugezeho.
Inkanda House ni imwe mu nzu zihanga imideli zimaze igihe mu Rwanda kuko yatangiye mu 2010. Ikora imyambaro itandukanye irimo imico ivanze y’abanyamahanga n’uwo mu Rwanda.
Izina ‘Inkanda’ risobanuye umwambaro w’abagore bo mu Rwanda rwo hambere nk’uko abakobwa n’abagabo bambaraga ishabure bagatega amasunzu, abagore bambaraga Inkanda bagasokoza uruhanika.
Inkanda yabaga ikoze mu ruhu cyangwa mu mpuzu bakayambara bayikenyereye mu mabere. Uyu musore yahisemo iri zina mu gukomeza gusigasira umuco.
Yavuze ko intego yari afite atangira ari ukumvisha abanyarwanda ko uruganda rw’imideli atari umwuga w’injiji. Imyambaro ya Inkanda House yamamaye harimo “Inka ya Data Collection” yagiye hanze mu 2018, yari imyamabro ihuza gakondo nyarwanda n’ibigezweho.
Hari kandi ‘The black days of Marie Antoinette’ yerekanye ku bufatanye na Ambasade y’Ababiligi mu Rwanda. Iyi myambaro avuga ko yayihimbye ashaka kwibuka abantu bagize uruhare mu ruganda rw’imideli batabarutse.
Patrick Muhire Nshuti yize ibijyanye no gucunga imari. Ni umwe mu batangije ‘Kigali Fashion Week’ yamenyekanishije abamurika imideli n’abayihanga benshi bo mu Rwanda.
Ihere ijisho iyi myambaro mishya ya Ikanda House:
Amafoto: Brian Photography



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!