Paris Fashion Week ni bimwe mu birori byitabirwa n’inzu z’imideli zamaze kubaka izina ku Isi, zikerekaniramo imyambaro yazo mishya.
Urutozi Gakondo ifashijwe na sosiyete y’imideli ‘Miss Maltese’ biteganyijwe ko muri Mutarama 2024, izitabira ibi birori ikeranira imyambaro yayo mishya izaba yarahanze.
Iki ni ikigo gisanzwe gifasha abahanzi b’imideli n’abayimurika kugera ku ruhando mpuzamahanga bakabasha kwerekana ibikorwa byabo. Yakoranye n’Urutozi Gakondo ku buryo ubu igiye kujya yerekana ibihangano byayo hirya no hino ku Isi.
Urutozi Gakondo igiye gukora imyambaro 60 izerekana muri Paris Fashion Week; mu kuyikora izaba irebererwa n’umuhanzi w’imideli wo mu Butaliyani kugira ngo izabashe kugeza ku rwego rw’ibi birori.
Mu kiganiro IGIHE yagiranye n’uwashinze iyi nzu, Amini Deodactus, yavuze ko imyiteguro yo kujya muri Paris Fashion Week bayigeze kure kandi ko biteguye kugaragaza Afurika binyuze mu bihangano byabo.
Ati “Njye nk’umuhanzi w’imideli icyo ndi gutekereza ni ukugera ku rwego mpuzamahanga, urabona hari urwego tutarageraho muri Afurika, njye ubu ndashaka guhuza imideli yo mu Rwanda n’ubuhanzi bw’i Burayi ku buryo umuntu wayibona avuga ngo aba bantu baturuka muri Afurika akanabonamo n’ibyo hanze ariko igaragaza Afurika ngakoresha cyane ibintu bya Kinyafurika.”
Yakomeje avuga ko aya ari amahirwe akomeye babonye kandi ko azagira umusanzu atanga ku iterambere ry’imideli mu Rwanda.
Ati “Ibi bigomba kutwereka ko tutagomba kwicara dufite inzozi zo gukorera muri Afurika gusa cyangwa mu gihugu gusa. Niba wagize amahirwe yo kumenyekana kuko ukora ibintu byiza haba hari amahirwe ko no ku Isi yose byakundwa.”
Urutozi Gakondo irateganya guhita yitabira ibindi birori by’imideli mpuzamhanga nka Milan Fashion Week, London Fashion Week, New York Fashion Week n’ibindi.
Sosiyete Urutozi Gakondo Ltd yatangiye gukora mu 2019. Kuri ubu imaze gushinga imizi mu ruhando mpuzamahanga kuko ifite iduka muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika muri Leta ya Texas, i Dubai n’i Kigali.
Mu 2023 bafite intego gufungura amashami mu Bubiligi nk’ahaba Abanyarwanda benshi no muri Koreya y’Epfo kuko ibyo bakora abantu baho babikunda.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!