Aho bumvikaniye bari kumwe mu kiganiro kuri imwe mu maradiyo ya hano muri Kigali bavuga ku by’ubujyanama; abantu bari batangiye guhwihwisa ko Muyoboke Alex yaba agiye kuba umujyanama wa Ama-G The Black, ibintu we ahakana yivuye inyuma
Hashize iminsi itari mike, Muyoboke atakiri umunyanama wa Urban Boyz.
Tumubajije iby’ayo makuru y’uko ngo yaba agiye gukorana na Ama-G, Muyoboke yagize ati” Ntimwiyumviye se ibyo yaraye avuze, avuga ko umujyanama nta cyo amaze, birumbimvikana rero ntabwo namubera umujyanama".
Ibi Ama-G yabitangarije ubwo yavugaga ko impamvu adashaka umujyanama, abona atagabana na we amafaranga aba atakoreye mu bitaramo, ko we abona igikwiye ari uko yayarya yose.
Muyoboke avuga ko nta muhanzi arabera umujyanama ariko ko nihaboneka umuhanzi ukeneye ubufasha ufite impano azakorana nawe.
Byakunze guhwihwiswa kandi ko Muyoboke yaba ashaka gukorana na Princesse Priscillah n’ubwo we nabyo abitera utwatsi.



















TANGA IGITEKEREZO