Amakuru IGIHE ifite ni uko uyu muhanzi yasezeranye n’umukobwa bari bamaze igihe bakundana icyakora kubera impamvu zitandukanye ngo umukobwa yasabye Igor Mabano ko bitaba ibintu byo mu itangazamakuru.
Ni umuhango wabereye ku biro by’Umurenge wa Kimihurura kuri uyu wa Gatanu tariki 27 Kanama 2021.
Byitezwe ko imihango ikurikira y’ubukwe bwa Igor Mabano izaba mu minsi iri imbere nk’uko umwe mu nshuti z’uyu muhanzi yabitubwiye.
Nta makuru menshi azwi ku mukobwa ugiye kurushinga na Igor Mabano, ubwo twifuzaga kuvugana n’uyu muhanzi ku murongo wa telefone ntibyadukundiye.
Uyu musore akiva gusezerana imbere y’amategeko yahise asohora indirimbo ye nshya yise ‘Nta kosa’ yasohokanye n’amashusho yayo.
TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!